00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bukavu: Abacuruza lisansi bigaragambije bongera ibiciro

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 23 October 2023 saa 09:47
Yasuwe :

Abacuruzi ibikomoka kuri peteroli i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bigaragambije bongera ibiciro nyuma yo guhenda ku masoko mpuzamahanga nyamara bo bagasabwa kuyitanga kuri make.

Kugeza ubu kuri sitasiyo nyinshi z’i Bukavu, litilo ya lisansi iri kugurishwa hagati y’amafaranga ya Congo 8000-9000, ni ukuvuga 3800 Frw na 4300 Frw.

Ikinyamakuru Actualité cyatangaje ko benshi mu binjiza ibikomoka kuri peteroli barakaye, ku buryo hakenewe ubufasha bwa Leta kugira ngo bakomeze akazi kabo kandi n’abaturage ntibakomeze guhendwa.

Umwe mu bacuruza lisansi yabwiye icyo kinyamakuru ati “Ubu turi gucuruza hagati ya 8000 na 9000 FC kandi bishobora kuba bibi guhera kuri uyu wa Mbere Leta nidashaka igisubizo cyihuse.”

Aba bacuruzi bavuga ko atari ukwivumbura ahubwo ari uko nabo ibyo bacuruza byabuze kubera guhenda ku isoko mpuzamahanga.

Ubusanzwe Leta ya Congo ni yo ishyiraho ibiciro bya peteroli mu bice bitandukanye by’igihugu.

Kwiyongera kw’ibikomoka kuri peteroli i Bukavu byatumye n’ibiciro by’ingendo ku binyabiziga byiyongera, ku modoka rusange henshi hiyongereyeho 100 FC naho kuri moto hiyongeraho 1000 FC.

Ingendo z'ibinyabiziga muri Bukavu zabaye ikibazo kubera guhenda kw'ibikomoka kuri peteroli

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages