Nk’uko Washington Post yabitangaje, Polisi yavuze ko Audrey Mwamikazi w’imyaka 17 na mugenzi Don Ingabire wa 16 kuri ubu bameze neza, kandi mu bigaragara bafashe umwanzuro wo kujya muri Canada ku giti cyabo.
Birakekwa ko nubwo abandi bane basigaye barimo abakobwa babiri b’imyaka 17 n’abahungu babiri bafite 17 na 18 bataraboneka aho bari bameze neza. Polisi yanze kugira byinshi itangaza.
Kuwa Gatatu nibwo abayobozi bashyize hanze ifoto igaragaza iri tsinda ryari ryahagarariye u Burundi mu marushanwa yitwa ’First Global Challenge’ yabaye tariki ya 16-18 Nyakanga 2017. Kuwa Kane polisi yahise itangaza ko baburiwe irengero ndetse isaba uwababona gutanga amakuru.
Aba bana biga mu mashuri yisumbuye bari bahawe Visa y’umwaka umwe, kugira ngo babashe kwitabira aya marushanwa yitabiriwe n’ibihugu 160 birimo n’u Rwanda rwanegukanye umwanya wa cyenda n’uwa mbere muri Afurika.
Iri rushanwa ryatangiye kuvugwa cyane mbere y’uko riba, ubwo itsinda ry’abakobwa bo muri Afghanistan ryimwe visa kugeza ubwo perezida Donald Trump ariwe utanze itegeko.



















TANGA IGITEKEREZO