00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ayra Starr agiye guhurira muri filime n’abarimo Idris Elba na Viola Davis

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 10 March 2025 saa 10:18
Yasuwe :

Umuhanzikazi Oyinkansola Sarah Aderibigben uzwi nka Ayra Strarr, agiye gukina filime ya mbere azahuriramo n’ibyamamare bimenyerewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka Idris Elba, Viola Davis na Cynthia Erivo.

Uyu muhanzikazi ukomoka muri Nigeria ugiye kwinjira muri sinema, filime ya mbere agiye gukina ishingiye ku gitabo cyitwa ‘Children of Blood and Bone’ cyanditswe na Tomi Adeyemi cyakunzwe cyane mu 2018.

Iyi filime Ayra Starr azayihuriramo n’abakinnyi ba filime bubatse amazina ku rwego mpuzamahanga. Ku ikubitiro harimo Idris Elba ukomoka muri Sierra Leone gusa akaba abarizwa mu Bwongereza ndetse asanzwe ari mu bakunzwe muri sinema ku rwego rw’Isi.

Viola Davis uri mu birabura bake bibitseho ibihembo bya ‘EGOT’, bivuze ko yabashije gutwara ibihembo bikomeye bine birimo Emmys, Grammy, Oscars hamwe na Tony. Uyu mugore nawe azakinana na Ayra Starr muri iyi filime.

Ayra Starr kandi azayihuriramo n’umuhanzikazi Cynthia Erivo wo muri Canada nawe umaze kumenyerwa muri sinema.

Kugeza ubu itunganywa ry’iyi filime ryaratangiye ndetse iri gukorwa n’inzu itunganya filime ya Lucasfilms izwiho gukora filime z’uruhererekane zakunzwe za ‘Star Wars’.

Ayra Starr ugiye kwinjira muri sinema, asanzwe ari mubahanzikazi bakomeye muri Afurika, ndetse yakoze indirimbo zatumye amenyekana zirimo nka ‘Away’, ‘Rush’, ‘Blood Samaritan’ n’izindi.

Ayra Starr ni umwe mu bahanzi bagezweho muri Afurika
Ayra Starr agiye guhurira muri filime n’abarimo Idris Elba na Viola Davis

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .