00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Angola: Abishwe n’umwuzure barenze 40

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 April 2026 saa 02:18
Yasuwe :

Leta ya Angola yatangaje ko umubare w’abahitanywe n’umwuzure wibasiye iki gihugu mu mpera z’icyumweru gishize wageze ku bantu 42.

Ku wa Gatandatu no ku Cyumweru nibwo Angola yibasiwe n’umwuzure watewe n’imvura nyinshi. Wagize ingaruka ku batuye intara za Benguela, Cuanza Sul, Malanje ndetse n’Umurwa mukuru, Luanda.

Uretse abapfuye, hari ibindi byinshi byangiritse birimo ibikorwaremezo, inzu zo guturamo n’ibiti. Bibarwa ko byose hamwe hangiritse ibikorwaremezo 685.

Ishami rishinzwe kurinda abasivile no kurwanya inkongi muri Angola ryatangaje ko hagati ya tariki 2-6 Mata, imiryango 55 irimo abantu 275, yari imaze kugirwaho ingaruka, kubera inzu zabo zasenyutse.

Angola yatangiye kugusha imvura ikabije mu mpera za 2025

Imvura nyinshi yatangiye kugwa mu mpera za 2025 muri Afurika y’Amajyepfo yateje imyuzure mu bihugu birimo Afurika y’Epfo, Zimbabwe, Angola na Mozambique.

Abishwe n’umwuzure muri Angola barenze 40

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages