00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Andry Rajoelina wari Perezida, yambuwe ubwenegihugu bwa Madagascar

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 25 October 2025 saa 10:08
Yasuwe :

Andry Rajoelina wayoboye Madagascar kuva mu 2009 kugeza mu 2014 no kuva mu 2019 kugeza mu 2025 yambuwe ubwenegihugu, azira ko afite ubundi yahawe n’u Bufaransa mu myaka 11 ishize.

Icyemezo cyo kwambura Rajoelina cyafashwe na Minisitiri w’Intebe w’inzibacyuho wa Madagascar, Herintsalama Rajaonarivelo, ku wa 24 Ukwakira 2025, hashingiwe ku itegeko rigenga itangwa ry’ubwenegihugu ryasohotse mu 1960.

Rajoelina yambuwe ubwenegihugu bwa Madagascar nyuma y’iminsi 10 akuwe ku butegetsi bw’igihugu n’abasirikare bari bayobowe na Colonel Micheal Randrianirina. Ni igikorwa cyashyigikiwe n’umutwe w’abadepite.

Muri Kamena 2023 ni bwo byamenyekanye ko u Bufaransa bwahaye Rajoelina ubwenegihugu mu 2014. Yarabwemeye, asobanura ko yabusabye kugira ngo abana be boroherwe no kwiga i Paris.

Nubwo aya makuru yamenyekanye, ntibyabujije Rajoelina gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu mu Ugushyingo 2023, kuko abaturage bari bakimufitiye icyizere ko azakemura ibibazo igihugu gifite.

Imyigaragambyo ikomeye yatangiye muri Nzeri 2025 ni yo yatumye Col Randrianirina afata icyemezo cyo gukura Rajoelina ku butegetsi, kuko aho gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi meza n’umuriro w’amashanyarazi, yatangaga amabwiriza ryo gukandamiza abigaragambya.

Icyemezo cyo kwambura Rajoelina ubwenegihugu cyafashwe mu gihe ari mu buhungiro. Kimubuza amahirwe yo kongera guhatanira kuyobora Madagascar kuko guhera tariki ya 24 Ukwakira afatwa nk’umunyamahanga.

Ubu Andry Rajoelina azajya afatwa nk'umunyamahanga muri Madagascar

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages