Iri tegeko rishya ryatowe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana ku wa 28 Gashyantare 2024, riteganya ko ababarizwa mu muryango wa LGBTQ+ muri Ghana bagomba guhanishwa igifungo cy’imyaka itatu muri gereza.
Ritegenya kandi ko uwo ari we wese watera inkunga cyangwa akagerageza gushinga uwo muryango, kuwamamaza ndetse n’ibindi bikorwa byose bigamije gukwirakwiza ibyiyumviro by’imigirire yo guhuza ibitsina itari iy’umugabo n’umugore ahanishwa imyaka itanu y’igifungo.
Nyuma y’uko iri tegeko ritowe Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yasohoye itangazo ivuga ko yababajwe bikomeye na ryo ndetse isaba ko risubirwamo.
Iyi minisiteri yavuze ko iri tegeko rikandamiza ubuzima rusange, itangazamakuru, uburere mboneragihugu ndetse n’ubukungu muri Ghana.
Ihuriro ry’abanyamadini muri Ghana na ryo rishyigikiye iri tegeko rivuga ko rihuje n’umuco n’indangagaciro by’iki gihugu.
Umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana yabwiye Ijwi rya Amerika ko itegeko batoye rishyira imbere indangagaciro zo kubaha umuryango mugari barazwe n’akurambere babo.
Nyuma yo gutorwa mu Nteko ishinga Amategeko, iri tegeko rizashyikirizwa Perezida Nana Akufo-Addo mu gihe cy’minsi irindwi aryemeze cyangwa yange kurisinya, nk’uko Itegeko Nshinga rya Ghana ribiteganya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!