00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yakuyeho ibihano yari yarafatiye abayobozi bo muri Mali

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 February 2026 saa 08:08
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahagaritse ibihano zari zarafatiye abayobozi bakuru bo muri Mali muri Nyakanga 2023, zibashinja gukorana no gufasha umutwe w’abacanshuro wa ‘Wagner Group’ ukomoka mu Burusiya.

Amerika igaragaza ko Wagner ari umutwe ubangamira ikiremwamuntu ahantu hose ukorera nko muri Ukraine, ugahungabanya umutekano waho kandi ugasahura umutungo kamere w’ibihugu byinshi muri Afurika.

Abari barafatiwe ibihano ni Minisitiri w’Ingabo, Gen Sadio Camara, Brig Gen Alou Boi Diarra na Col Adama Bagayoko bombi bari mu buyobozi bukuru bw’igisirikare cya Mali.

Ku wa 27 Gashyantare 2026, Minisiteri y’Imari ya Amerika yatangaje ko aba bose batakiri ku rutonde rw’abafatiwe ibihano. Ni mu gihe ibihugu byombi bikomeje ibiganiro bigamije kunagura umubano.

Muri Mutarama, intumwa yihariye ya Amerika muri Afurika, Nick Checker, yagiriye uruzinduko muri Mali kugira ngo aganire n’abayobozi baho uko bakubaka umubano.

Uru ruzinduko rwakurikiye integuza Amerika yatanze mu mwaka ushize yo kongera kwifatanya n’inzego z’umutekano za Mali mu bijyanye n’ubutasi, hagamijwe kurwanya imitwe y’iterabwoba yugarije akarere ka Sahel.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Mali yashimye icyemezo cyafashwe na Amerika, agaragaza ko ibi bihano byabangamiraga gahunda yo kunagura umubano w’ibihugu byombi wari warazambye mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joe Biden.

Ibihano byari byarafatiwe aba bayobozi byari ibyo gufatira imitungo ibanditseho yaba iri muri Amerika cyangwa se igenzurwa n’abafite ubwenegihugu muri Amerika.

Gen Sadio Camara na bagenzi be babiri bakuriweho ibihano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages