00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi w’u Bufaransa muri Centrafrique ushinjwa ubusambanyi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 August 2026 saa 04:20
Yasuwe :

U Bufaransa bwatangije gukurikirana mu rwego rw’akazi Ambasaderi wabwo muri Repubulika ya Centrafrique kubera ibirego by’imyitwarire mibi.

Iki kibazo cyamenyekanye nyuma y’uko ikinyamakuru cyo mu Bufaransa gitangaje ko Ambasaderi Bruno Foucher yajyanaga abagore benshi mu rugo rwe aho ari mu kazi, ndetse akaryamana na bamwe muri bo.

BBC yanditse ko Foucher ntacyo yari yatangaza kuri ibi birego.

Ni ibirego bivugwa ko bifitanye isano n’ibyabaye hagati ya Mutarama 2024 na Werurwe 2026, byatumye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa itangira iperereza, harimo no kureba niba hari ikibazo cy’umutekano cyaba cyaratewe n’iyo myitwarire.

Umudipolomate w’Umufaransa yabwiye BBC ko iyi minisiteri yamaze gutangiza zo gukurikirana imyitwarire ya Ambasaderi Foucher mu kazi.

Ikinyamakuru cyo mu Bufaransa Le Canard enchaîné, cyavuze ko Foucher ashinjwa kuba kujyana abagore 30 mu rugo rwe i Bangui. Bamwe muri bo bivugwa ko banahararaga, bitangira guteza impungenge zijyanye n’umutekano.

Foucher, ufite imyaka 65, yabaye Ambasaderi w’u Bufaransa muri Centrafrique kuva mu 2023.

Ambasaderi Bruno Foucher yatangiye gukurikiranwaho imyitwarire mibi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages