00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagambo ya Perezida Macron akomeje kwamaganwa n’ibihugu bya Afurika

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 8 January 2025 saa 10:57
Yasuwe :

Nyuma y’uko Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa avuze ko ingabo z’igihugu cye zitashimiwe ku ruhare zagize mu kurinda ubusugire bw’ibihugu bya Afurika ndetse no guhangana n’imitwe y’iterabwoba, bimwe mu bihugu bya Afurika byamaganye izo mvugo zishinjwa kugirana isano n’imyitwarire yo mu gihe cy’ubukoloni.

Ibi yabivuze mu ijambo yatanze ku wa 6 Mutarama 2025 mu nama ngarukamwaka y’abahagarariye iki gihugu mu mahanga, aho yavuze ko ibihugu byo mu gace ka Sahel "byibagiwe" gushimira u Bufaransa ku ruhare bwagize mu guhangana n’imitwe y’iterabwoba iri muri ako gace.

Yavuze ko iyo bitaba ingabo z’u Bufaransa, bimwe mu bihugu byo muri aka karere ’bitari kuba bigifite ubusugire bwabyo’, asa nk’uca amarenga ko byari bukaba biri mu maboko y’imitwe y’iterabwoba, ariko u Bufaransa bukaba bwarabitabaye.

Mu gusubiza iyi mvugo bamwe bashimangira ko ifitanye isano n’imyitwarire yaranze u Bufaransa mu gihe cy’ubukoloni, ibihugu bitandukanye nka Tchad na Senegal biri mu byamaganye aya magambo ya Macron.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tchad, Abderaman Koulamallah, yavuze ko amagambo ya Macron asuzugura Afurika. Ati “Tchad yababajwe bikomeye n’amagambo yavuzwe vuba aha na Perezida w’u Bufaransa, yerekana ko asuzuguye Afurika n’Abanya-Afrika,"

Yongeyeho ati "Abategetsi b’u Bufaransa bagomba kwiga kubaha Abanyafurika no kwemera agaciro k’ukwitanga kwabo."

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Senegal, Ousmane Sonko, yavuze ko u Bufaransa bwagize uruhare mu "guhungabanya ibihugu bimwe na bimwe bya Afurika nka Libya" byateye "ingaruka z’akaga" mu mutekano w’agace ka Sahel.

Amagambo ya Perezida Emmanuel Macron yanenzwe n'ibihugu bya Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .