Ibi Gen Muhoozi yabigarutseho mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu ijoro ryo ku wa 30 Werurwe 2026.
Yavuze ko “nyuma y’ubutumwa bwanjye nashyize kuri Twitter wa munsi nshyigikira Israel, igihugu cyacu cyibasiwe cyane n’ibitero by’ikoranabuhanga. Tuzabikoraho iperereza byose.”
Gen Muhoozi yakomeje avuga ko “Tuzafata ingamba zikomeye zo kurwanya abagabye ibi bitero cyangwa ababishyigikiye.”
Uyu mugaba mukuru w’ingabo ntiyigeze atangaza aho ibi bitero bituruka, gusa Iran ni kimwe mu bihugu bizwiho kugaba byinshi.
Ku wa 26 Werurwe 2026 nibwo Gen. Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko ari inyuma ya Israel mu ntambara iki gihugu kigiye kumara ukwezi gihanganyemo na Iran ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Intambara Israel ihanganyemo na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026. Imaze kugwamo abarenga 3.200 barimo na Ali Khamenei wari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’abandi bayobozi bakuru ba Iran.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!