00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo: Umwuka mubi muri Guverinoma watumye ingengo y’imari idatangazwa

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 20 February 2025 saa 01:58
Yasuwe :

Minisitiri w’Imari muri Afurika y’Epfo, Enoch Godongwana, yasubitse itangazwa ry’ingengo y’imari y’igihugu nyuma y’aho abagize Guverinoma bananiwe kumvikana ku ngingo yo kongera umusoro ku nyongeragaciro.

Ubusanzwe muri Gashyantare buri mwaka, Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo atangaza ingengo y’imari ariko ku wa 19 Gashyantare 2025 yabisubitse, abyimurira mu kwezi gutaha.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Afurika y’Epfo, Thoko Didiza, yatangaje ko ari ubwa mbere bibaye mu myaka 31 ishize, kuva Afurika y’Epfo yava mu bihe bya Apartheid byahezaga amoko.

Ishyaka ANC riri ku butegetsi ryari ryarasabye ko umusoro ku nyongeragaciro wava kuri 15%, ukagera kuri 17%, gusa DA (Democratic Alliance) rihagarariwe muri Guverinoma ryo ryagaragaje ko byahungabanya ubukungu bw’igihugu.

Guverinoma ya Afrika y’Epfo igizwe n’amashyaka 10 asaranganya ubuyobozi, nyuma y’aho mu matora y’Inteko Ishinga Amategeko yabaye mu 2024 habuze ishyaka ribona ubwiganze busesuye bw’amajwi. Ibi bivuze ko imyanzuro ifatwa igomba kuba yemeranyijweho n’amashyaka yose.

Abagize Guverinoma ya Afurika y'Epfo bananiwe kumvikana ku izamurwa ry'umusoro ku nyongeragaciro
Minisitiri w'Imari yimuriye itangazwa ry'ingengo y'imari muri Werurwe 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages