Collins Chabane w’imyaka 54, yapfanye na Sgt Lesiba Sekele na Sergeant Lawrence Lentsoane, umwe yari umushoferi we , undi ari umurinzi we.
Uyu Muminisitiri yari akomeye no mu ishyaka riri ku butegetsi, ANC, kuko yari muri Komite nshingwabikorwa yaryo, akaba n’inkoramutima ya Perezida Jacob Zuma.
Ibinyamakuru byo muri Afurika y’Epfo yatangaje ko umushoferi w’ikamyo yagonze Collins yatawe muri yombi arakorwaho iperereza.
Perezida Zuma yatangaje ko ari agahinda gakomeye ku bw’urwo rupfu rwibye Collins, wagize uruhare mu rugamba rwo kurwanya irondaruhu, akaba yari n’Umuminisitiri w’ingenzi muri Guverinoma.



















TANGA IGITEKEREZO