Polisi yo muri iyo ntara yavuze ko yamufatiye mu gace ka Lydenburg ari kugerageza kujya mu gace ka Nelspruit, ngo abe ari ho agurishiriza izo ngobyi.
Iti “Tumaze kumufata twamusanganye ibyo bice by’umubiri, ni bwo yatubwiye ko ari umukozi ukora amasuku kwa muganga aho abanyeyi babyarira.”
Polisi yavuze ko umubare w’ingobyi yari afite utaramenyekana gusa zajyanywe mu kigo cy’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga ngo zikorweho iperereza.
Si ibyo gusa ikirego cy’uyu mugore cyahise kijyanwa mu nkiko, aho ashinjwa gucuruza ibice by’imibiri y’abantu mu buryo butemewe.
Icyo abari kugura izi ngobyi bari kuzimaza ntikiramenyekana gusa muri iki gihugu hari abizera ko kurya ingobyi byongera amashereka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!