Minisitiri w’Ubutabera muri Afurika y’epfo yemeye gufungurwa kwa Eugene de Kock w’imyaka 65, ruharwa mu ivangura n’ubwicanyi byakorewe abirabura (apartheid), wari warakatiwe igifungo cy’imyaka 212.
Eugene de Kock yafunzwe mu mwaka w’1994, nyuma yo guhamwa n’ibyaha 89 yakoze mu gihe cy’ivangura, itotezwa n’ubwicanyi byakorerwaga abirabura, byanatumye ubwe yiyita “Umwicanyi w’igihugu (assassin d’État)”.
Eugene de Kock yari ayoboye umutwe udasanzwe wari ushinzwe guhiga bukware abatarwanyaga ivangura rikorerwa abirabura (apartheid) bitaga "Vlakplaas", bakajya kubatoteza, no kubica urubozo.
De Kock yanasenye ibiro by’ishyaka rya ANC (ryarimo na Nelson Mandela) ryarwanyaga ivangura rikorerwa abirabura, aho akoresheje igisasu, yasenye ibiro by’iri shyaka mu Bwongereza mu 1982, akanica abantu 12.
N’ubwo na we ubwe yiyise uwmicanyi w’igihugu, Minisitiri w’ubutabera yemeye ko Eugene de Kock afungurwa agashyirirwaho ibyo kubahiriza (Liberation Conditionnelle), ibi bikaba bitakiriwe neza na benshi mu miryango y’isi, cyane cyane abasobanukiwe ubwicanyi bwakorewe abirabura muri Afurika y’epfo mbere y’umwaka w’1991.



















TANGA IGITEKEREZO