Mu ijambo yagejeje ku nama nyobozi y’iri shyaka, Malema yavuze ko "Turi mu makimbirane tutazi, tukohereza abasirikare bacu guhangana n’umutwe witwaje intwaro ubarusha ibikoresho. Turi gusebera muri RDC."
Uyu muyobozi yongeyeho ko "Uruhare rwacu mu gushaka amahoro muri RDC rushidikanywaho."
Ati "Nta mahoro yagezweho binyuze mu kohereza abasirikare [ku rugamba]."
Malema yavuze ko igisirikare cya Afurika kitari muri RDC kugarura amahoro, ati "Ntabwo igisirikare cya Afurika y’Epfo kiri muri RDC kugarura amahoro, ahubwo turi kugira uruhare mu makimbirane amaze imyaka myinshi, mu nyungu z’abakomeye muri Congo."
Yavuze ko kubera izi mpamvu, abasirikare b’iki gihugu bagomba gucyurwa bagataha, ati "Abasirikare bacu bagomba kuva muri RDC, bidatewe gusa n’uko batahawe ibikoresho bikenewe mu kugarura amahoro, ahubwo kubera ko impamvu yatumye twohereza abasirikare muri Congo atari ukuri."
Yongeyeho ko "Abana bacu, abahungu n’abakobwa bacu b’igisirikare cya Afurika y’Epfo, boherejwe mu rupfu kubera ko inyungu z’ibigo bikomeye bicukura amabuye y’agaciro n’abantu ku giti cyabo, bigomba kurindwa. Abasirikare bacu boherejwe kuba abarinzi b’ibirombe by’amabuye y’agaciro muri RDC, kandi ubu butumwa bwavugwaga nk’ubugamije amahoro ndetse no kurinda demokarasi."
Uyu muyobozi avuze iri jambo nyuma yo kunenga Minisiteri y’Ingabo yohereje abasirikare ku rugamba ariko badafite ibikoresho bihagije.
Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Afurika y’Epfo, Ronald Lamola, yemeje ko ingabo z’iki gihugu, ziri kwifatanya na FDLR, umutwe w’iterabwoba ugizwe n’abasize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ukaba ufite intego nyamukuru yo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda binyuze mu ntambara.
[WATCH] EFF leader Julius Malema has called for the withdrawal of SANDF soldiers from the Democratic Republic of the Congo, asserting that the reasons for deploying the soldiers there are misleading. pic.twitter.com/YNibnXlvw2
— SABC News (@SABCNews) January 31, 2025



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!