Johannesburg ni umwe mu mijyi minini ya Afurika y’Epfo yakunze kwibasirwa n’ibibazo by’umutekano muke birimo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi n’ihohoterwa rikoresha intwaro.
Polisi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko gitero cyabaye ku mugoroba wo ku wa 9 Kamena 2026 mu gace karangwamo imiturire y’akajagari, inavuga ko yahise itangira guhiga abasaga 10 bakekwaho kugira uruhare muri ubu bugizi bwa nabi.
Amakuru y’ibanze agaragaza ko abo bagizi ba nabi bageze muri ako gace bari mu modoka y’umweru yo mu bwoko bwa Toyota, binjira banyuze mu nzira ebyiri zitandukanye batangira kurasa abaturage bari bari ahantu hatandukanye. Nyuma yo kurasa bahise bahunga bakoresheje iyo modoka bari barimo.
Kugeza ubu icyateye icyo gitero ntikiramenyekana mu gihe inzego z’umutekano zikomeje iperereza rigamije kumenya abagikoze no kubashyikiriza ubutabera.
Afurika y’Epfo iri mu bihugu birangwamo ubugizi bwa nabi mu Isi. Imibare igaragaza ko buri munsi muri iki gihugu hicwa abantu 60.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!