00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afunzwe azira gutanga ruswa ya 7.000 Frw ngo yinjizwe mu Ngabo za Uganda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 August 2026 saa 07:39
Yasuwe :

Umusore w’imyaka 20 wo mu Karere ka Masindi muri Uganda yatawe muri yombi, akurikiranyweho gushaka guha ruswa abasirikare bari bashinzwe igikorwa cyo kwinjiza abashya mu Ngabo za Uganda, UPDF.

Emmanuel Kyakabaale Tayebwa, utuye mu gace ka Kimengo, yafashwe ku wa Kabiri ku biro by’Akarere ka Masindi, ahaberaga igenzura ry’abari biyandikishije bashaka kwinjira mu gisirikare.

Uyu musore yari yabanje gukurwa mu bahatanira kwinjira muri UPDF nyuma yo kunanirwa kwerekana impamyabumenyi ye y’amashuri yisumbuye. Yari yerekanye icyemezo cy’uko yarangije amashuri abanza ndetse n’urupapuro rugaragaza amanota yabonye mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye.

Nyuma yaje kwereka itsinda ryagenzuraga ibyangombwa kopi y’impamyabumenyi yari yarafotoye akayibika muri telefoni. Abasirikare ariko basanze amazina ari ku byangombwa bye by’amashuri atandukanye n’ari ku ndangamuntu ye.

Brig. Rogers Kitwala wari uyoboye igikorwa cyo kwinjiza abasirikare bashya, yavuze ko Kyakabaale yahaye amashilingi 20.000, ni ukuvuga arenga gato 7.000 Frw, abasirikare bane bari bashinzwe kugenzura ibyangombwa.

Kyakabaale we ngo yavuze ko ayo mafaranga yari ayo kugurira abo basirikare amazi. Yahise atabwa muri yombi, ashyikirizwa Polisi ya Masindi kugira ngo hakomeze iperereza.

UPDF yaburiye abifuza kwinjira mu gisirikare kwirinda gukoresha impapuro mpimbano, guhindura ibyangombwa cyangwa kugerageza guha ruswa abashinzwe kubatoranya, kuko ababikora bazajya bafatwa bagakurikiranwa n’amategeko.

Muri Masindi honyine, abantu barenga 40 bari biyandikishije bakuwe mu gikorwa cyo kwinjizwa mu gisirikare kubera ibibazo birimo ibyangombwa, imyirondoro, gukekwaho inyandiko mpimbano ndetse n’impamvu z’ubuzima.

UPDF iteganya kwinjiza abantu 599 mu turere umunani two mu gace ka Bunyoro turimo Masindi, Hoima, Kiryandongo, Buliisa, Kibaale, Kagadi, Kakumiro na Kikuube.

Uyu musore yafunzwe azira gutanga ruswa y'arenga gato 7.000 Frw ngo yinjizwe mu Ngabo za Uganda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages