00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AFC/M23 yahakanye iby’umushinga w’amasezerano azasinyirwa i Doha

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 July 2025 saa 09:26
Yasuwe :

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano yigeze ikorwa hagati yaryo na Guverinoma ya RDC bahurira mu biganiro bya Doha.

Umujyanama wa Perezida wa Amerika ku bibazo bya Afuri, Massad Boulos yabwiye France24 ko ibiganiro bya Doha bihuza AFC/M23 na RDC bigiye kongera gusubukurwa ndetse bivuza ko inshuro bazajyayo yaba iya nyuma hagahita hasinywa amasezerano y’amahoro.

Boulos yahamije ko hari umushinga w’amasezerano wateguwe n’impande zombi ariko hasigaye kwemeranya ku ngingo zimwe bishobora kuzarangirana n’ibiganiro biteganyijwe mu minsi mike iri imbere.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka abinyujije kuri X yahakanye iby’ayo masezerano gusa avuga ko biteguye gukomeza kwitabira ibiganiro bya Doha.

Ati “Kugeza uyu munsi nta mushinga w’amasezerano uhari wateguwe ashobora gusinyirwa muri Qatar, bitandukanye n’amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga n’ibyatangajwe na Massad Boulos.”

M23 ivuga ko buri gihe RDC ari yo ishyiraho amananiza mu biganiro bigatuma bitagera ku ntego baba bahagurukanye.

Umuvugizi wa AFC/M23 yahakanye ibyavuzwe na Amerika ko hari umushinga w'amasezerano impande zombi zizasinyira i Doha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages