00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AFC/M23 yafashe ingamba zikakaye mu gukumira Ebola mu bice igenzura

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 August 2026 saa 02:54
Yasuwe :

Umutwe wa AFC/M23 ugenzura ibice bimwe byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko wafashe ingamba nshya zigamije gukumira ikwirakwira rya Ebola, zirimo kugabanya ingendo ziva cyangwa zijya mu bice byagaragayemo iki cyorezo.

Mu itangazo ryatanzwe ku wa Gatatu, AFC/M23 yavuze ko izashyiraho imipaka mishya ku ngendo z’abantu hagati y’ibice bigenzurwa na Leta ya Kinshasa n’ibice igenzura, nyuma y’uko Ebola igaragaye mu bice byombi.

Muri izo ngamba harimo guhagarika imodoka zitwara abagenzi ku muhanda uhuza Goma na Kirumba mu gihe cy’ukwezi kumwe, guhera ku wa Gatandatu. Hanahagaritswe ubwato buto butwara abagenzi mu Kiyaga cya Edward.

Icyakora, imodoka nini zitwara abagenzi zemerewe gukomeza gukora kuri uyu muhanda, ariko zigomba kubahiriza amabwiriza y’ubuzima n’umutekano. Amakamyo atwara ibicuruzwa na yo yemerewe gukomeza gukora.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko abantu babiri bari bavuye mu mujyi wa Lubero ugenzurwa na Leta ya Congo basanzwemo Ebola nyuma yo kugera mu gice kigenzurwa na AFC/M23. Umwe mu bagize itsinda rishinzwe guhangana n’iki cyorezo ryashyizweho n’ubuyobozi bwa AFC/M23 ni we wabwiye Reuters ayo makuru.

Iki cyorezo cya Ebola kiri muri Congo cyagaragaye mu gihe hakomeje imirwano hagati ya Guverinoma ya Congo na AFC/M23, ibintu bigora ibikorwa byo kugikumira no gutanga ubufasha ku banduye.

Abashinzwe ubuzima bavuga ko ari kimwe mu byorezo bya Ebola byakwirakwijwe vuba cyane mu mateka y’iki gihugu.

AFC/M23 igenzura ibice binini by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo nyuma y’ibitero yakoze mu ntangiriro za 2025, ubwo yafata imijyi ya Goma na Bukavu, iri mu mijyi minini yo mu burasirazuba bwa Congo.

AFC/M23 yagaragaje ubushobozi bwo kuyobora ibice ugenzura muri iki gihe cy’iki cyorezo, aho washyizeho uburyo bwihariye bwo guhangana na Ebola butandukanye n’ubw’inzego za Leta ya Kinshasa.

Mu mpera za Kamena, AFC/M23 yatangaje ko ibice igenzura byari byamaze kurandurwamo Ebola.

Amakuru yatangajwe n’ubuyobozi bwa Congo muri iki cyumweru agaragaza ko umubare w’abanduye Ebola wemejwe muri iki gihugu umaze kurenga 5.000.

AFC/M23 yafashe ingamba zikakaye mu gukumira ikwirakwira rya Ebola mu bice igenzura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages