00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AFC/M23 isanga i Kinshasa nta butegetsi buriyo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 September 2025 saa 07:38
Yasuwe :

Umuyobozi w’Ihuriro rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa yatangaje ko i Kinshasa nta butegetsi buriyo ahubwo ari agatsiko k’abatekamutwe basahura umutungo w’igihugu.

Yabivuze ku wa 27 Nzeri 2025, ubwo yasozaga amahugurwa y’abayobozi n’abandi bo mu ihuriro AFC/M23, agamije kubongerera ubushobozi mu by’imiyoborere ishyira imbere inyungu z’umuturage.

Nangaa yavuze ko muri RDC nta Leta ihari ari yo mpamvu impinduka mu miyoborere bashyize imbere zigamije gutuma abaturage bose bari mu bice babohoye bagerwaho n’imiyoborere myiza.

Ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarangije kubaho nka Leta. I Kinshasa nta Leta igihari, nta ngabo, nta polisi, nta buyobozi, nta butabera, uretse agatsiko k’abatekamutwe, abasahuzi, n’abanyereza umutungo wa Leta.”

Yavuze ko umutwe wa AFC/M23 uri gushyira imbaraga mu kubaka ubushobozi mu bya tekinike na politiki bibanda ku gutegura abagira uruhare mu miyoborere.

Nangaa yasobanuye ko ubumwe n’ubufatanye hagati y’abatuye mu bice byabohowe ari rwo rufunguzo ruzatuma bashobora guhangana n’ibihuha bikwirakwizwa bisebya imiyoborere yabo.

Corneille Nangaa yavuze ko nta butegetsi bwemewe n'amategeko buri i Kinshasa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages