00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abo Tanzania yakatiye igihano cy’urupfu bayireze, isabwa kugikura mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha

Yanditswe na IGIHE
Kuya 8 June 2026 saa 11:46
Yasuwe :

Urukiko rwa Afurika rw’Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu rwasabye Tanzania gukura igihano cy’urupfu mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha, gisanzwe gihabwa abahamijwe ibyaha by’ubwicanyi.

Ingingo ya 197 mu gitabo cy’amategeko ahana muri Tanzania igena ko uwahamijwe icyaha cy’ubwicanyi ahanishwa igihano cyo kwicwa amanitswe.

Urukiko rwa Afurika rw’Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu, ku wa 5 Kamena 2026 rwatangaje ko bidakwiriye ko icyaha gihanishwa igihano kimwe gusa, kuko bizitira amahitamo y’abacamanza.

Rwavuze ko kuba Tanzania itanga igihano cy’urupfu ndetse ntiteganye n’ikindi icyo aricyo cyose ku bahamijwe ubwicanyi, bihonyora uburenganzira bwa muntu burimo n’ubw’ibanze bwo kubaho, kandi buri mu bigenwa n’amasezerano Tanzania yashyizeho umukono.

Inteko y’uru rukiko yari igizwe n’abacamanza batatu barimo na Perezida warwo, Blaise Tchikaya yasoje isaba Tanzania gukuraho iki gihano.

Impaka ku gihano cy’urupfu muri Tanzania zazamutse bitewe n’abantu batatu bahawe iki gihano, bagannye inkiko basaba kurenganurwa kuko bimwe uburenganzira bwabo bwo kubaho, kugica agaciro nk’ikiremwamuntu ndetse no kugira ababunganira mu mategeko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages