00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abaturage ba Centrafrique baramukiye mu matora, mu gihugu umutekano ucunzwe n’Ingabo z’u Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 December 2025 saa 07:33
Yasuwe :

Abaturage ba Repubulika ya Centrafrique baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu aho Perezida Faustin-Archange Touadéra ahabwa amahirwe yo kuyegukana akayobora manda ya gatatu.

Abiyandikishije kuri lisiti y’itora barenga miliyoni 2,3. Usibye Umukuru w’Igihugu haratorwa n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, abayobozi b’’intara n’amakomini.

Abakandida barindwi ni bo bahataniye umwanya wa Perezida, barimo n’abahoze ari ba Minisitiri w’Intebe, Anicet Georges Dologuélé na Henri-Marie Dondra.

Dologuélé yabaye uwa kabiri mu matora abiri aheruka ya 2015 na 2020.

Henri-Marie Dondra yabaye Minisitiri w’Intebe hagati ya Kamena 2021 na Gashyantare 2022.

Icyakora, Touadéra, wahoze ari umwarimu w’imibare, ni we benshi biteze ko ari bwongere gutorerwa agakomeza kuyobora igihugu.

Yavuye mu mwuga w’ubwarimu ajya muri politiki nyuma y’uko uwari Perezida icyo gihe, François Bozizé, amugize Minisitiri w’Intebe mu 2008. Touadéra yakomeje muri uwo mwanya kugeza mu 2013 ubwo ubutegetsi bwari buriho bwahirikwaga n’ihuriro ry’inyeshyamba.

Nyuma y’imyaka itatu y’inzibacyuho irimo imvururu nyinshi, Touadéra yiyamamarije umwanya wa Perezida, atorwa ahanini bishingiye ku myumvire ye y’uko yari umuntu udafite aho abogamiye, umuntu udafite aho ahuriye n’imitwe yitwaje intwaro Séléka na Anti-Balaka.

Ashimirwa kuba yaragize uruhare mu kugarura amahoro n’ituze muri iki gihugu nyuma y’imyaka myinshi y’intambara zari zaragishegeshe. Yabigezeho abifashijwemo n’amasezerano yagiranye n’Ingabo z’u Rwanda.

Amatora aheruka kugira ngo agende neza, byagizwemo uruhare n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zacunze umutekano mu bice byinshi, zikora akazi ubusanzwe kagorana ku ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro za Loni.

Inkuru wasoma: Amatora ya Centrafrique yahumuye: Ni ba nde bahataniye umwanya wa Perezida?

Amwe mu mafoto agaragaza ibice bitandukanye by’Umurwa Mukuru Bangui

Kuva Ingabo z'u Rwanda zagera i Bangui, umutekano waragarutse
Mu Mujyi wa Bangui abaturage barakora bakageza mu masaha y’ijoro kuko baba bizeye umutekano wabo
Mu masaha y’ijoro usanga Ingabo z’u Rwanda zizenguruka hirya no hino zireba ko nta gihungabanya abaturage
Ingabo z’u Rwanda zishimirwa umurava zigaragaza muri Centrafrique
Stade y'Igihugu ni uku iteye uyirebeye mu nkengero zayo
Umujyi wa Bangui ntutana n'ibyapa byamamaza
Aha niho kuri Primature, ni ho Minisitiri w'Intebe akorera
Mu masaha ya saa Kumi n'Ebyiri, abantu benshi baba bari gutaha
Imitako myinshi iba ikoze mu ibara ry'ibendera ry'igihugu
Ibiro bya Polisi ubisanga hirya no hino mu nzu zubakishije ibirimo ibiti
Ahantu hakorera inzego z'umutekano haba hari ibyapa biharanga
Mu Mujyi wa Bangui hari abanyarwanda benshi bashoyeyo imari nyuma y'uko Ingabo z'u Rwanda zitumye haboneka ituze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages