00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamerika basabwe kwitondera kujya muri Nigeria kubera umutekano muke

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 April 2026 saa 10:48
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo bifuza gutemberera muri Nigeria kubitekerezaho kabiri, bijyanye n’ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara muri iki gihugu birimo iterabwoba no gushimuta abantu bya hato na hato.

Ambasade ya Amerika muri Nigeria kandi yamaze gutangaza ko yahagaritse ibikorwa bijyanye no kwakira abashaka viza huzuzwa ibisabwa ngo bazihabwe, isaba abazisaba kugenzura ‘email’ zabo bareba igihe ibi bikorwa byimuriwe.

Ni itangazo ryashyizwe hanze ku wa 8 Mata 2026, rigaragaza ko hari Leta zo muri Nigeria zikomeje kugaragaramo ibibazo byinshi, isaba Abanyamerika kwirinda kujyayo.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi zasabye abakozi ba Ambasade yazo i Abuja badakenewe cyane kuba bavuye muri iki gihugu kubera ko ibintu bikomeje kugenda nabi.

Amerika yaburiye abaturage bayo ko ibitero bitandukanye bishobora kubabwa ahantu hahurira abantu benshi ko mu masoko, amahoteli, insengero, amashuri za gare n’ahandi.

Amerika kandi yagaragaje ko bidatinze iza kubwira abakozi bayo ishaka ko bava muri Nigeria igihugu gitekanye bashobora kuba bimukiyemo.

Ni umuburo ushobora guhungabanya ubukungu bwa Nigeria nk’igihugu gihora kireshya ishoramari mvamahanga.

Nubwo Amerika yashyize Nigeria ku rwego rwa gatatu (level 3) nk’igihugu abaturage bayo bagomba kwitongera gusura, ariko leta 23 ziri ku rwego rwa kane (level 4), bivuze basabwe kutazijyamo uko byagenda kose.

Itangazo riti “Umutekano muri izi leta ntiwifashe neza. Ntimukwiriye kujya muri izi leta ku mpamvu iyo ari yo yose.”

Leta zo mu majyaruguru yo hagati muri Nigeria zo zagaragajwe na Amerika nk’iziteje ibyago, zirimo Plateau, Jigawa, Kwara, Niger na Taraba. Izi ziyongera kuri Borno na Yobe zo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria.

Imitwe yitwaje intwaro ikomeje kuyogoza Nigeria

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages