Polisi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko imirambo y’abagabo babiri b’Abanya-Mozambique, bigaragara ko bari bakomeretse yasanzwe muri uyu mujyi, hamwe n’uw’umwana w’Umunyafurika y’Epfo wasanzwe ahandi yapfuye bigaragara ko yatewe icyuma.
Ibitero byibasira abanyamahanga bimaze iminsi bigabwa muri Afurika y’Epfo, cyane cyane bashinjwa guteza ibibazo by’ubukungu birimo n’ubushomeri bukabije.
Polisi ya Afurika y’Epfo ntiyigeze ihuza izi mpfu n’uru rugomo.
Iti “Polisi ahantu hose iryamiye amajanja muri aka gace [Mossel Bay] hagamijwe kugarura ituze n’umutekano.”
Itangazo rya Leta ya Mozambique ryasohotse ku wa 1 Kamena 2026 rigaragaza ko abenegihugu babo batanu bishwe n’urugomo rwibasira abanyamahanga.
Amatsinda y’abigaragambya muri Afurika y’Epfo yatanze nyirantarengwa ko bitarenze ku wa 30 Kamena 2026 abanyamahanga baba mu gihugu cyabo mu buryo butemewe n’amategeko bagomba kuba bavuye mu gihugu.
Ghana ni yo iheruka gucyura abaturage bayo 300 babaga muri Afurika y’Epfo. Mozambique yavuze ko abaturage bayo 300 batashye bava muri Afurika y’Epfo bicyuye ariko abarenga 500 bagombaga gucyurwa ku wa 1 Kamena.
Ku wa 2 Kamena, Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko ko batagomba kwihanganira urugomo, ivangura rikorerwa abanyamahanga cyangwa akarengane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!