Abarwanyi 83 bo mu mutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda bashyize intwaro hasi ku Cyumweru tariki ya 8 Kamena, iyi akaba ari inshuro ya kabiri iki gikorwa kibaye.
Iki gikorwa cyabereye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ruhame ahari abayobozi b’imiryango mpuzamahanga.
Muri iyi mihango, abarwanyi ba FDLR 83 bashyiriye intwaro hasi ahitwa i Kigogo, agace gaherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri kilometero 110 uvuye mu Mujyi wa Bukavu nk’uko Jeune Afrique dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Bamwe mu bayobozi bari bitabiriye iki gikorwa barimo Ambasaderi wa Namibiya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uhagarariye ibihugu byimbumbiye mu muryango w’ubukungu wa Afurika yo mu majyepfo- SADC n’abayobozi b’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo (Monusco).
Ihuriro ry’amadini y’Abaporotesitanti muri iki gihugu rikaba ryarakomeje kwegera FDLR riyigira inama mu bijyanye no guharanira amahoro.
Izi ntwaro zashyizwe hasi harimo izisanzwe n’izindi 8 nini nk’uko byemejwe n’abanyamakuru bari muri iyi mihango.
Iki gikorwa kije gikurikira icyabanje tariki ya 30 Gicurasi 2014, ubwo abarwanyi bagera ku 105 ba FDLR bitangaga mu maboko ya SADC na Guverinoma ya Congo, bakanatanga intwaro 100.
Bamwe mu bagize umutwe wa FDLR baregwa gusiga bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yahitanye inzirakarengane zisaga miliyoni muri Mata 1994.
Kuri ubu aba barwanyi babarirwa hagati y’1500 na 2000, nk’uko biherutse gutangazwa na Lambert Mende, Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo.
Aba barwanyi bitaze bari kumwe n’abagore babo n’abana bagera kuri 225 nk’uko byatangwajwe na Radiyo Okapi.
Mu gihe iki gikorwa kimaze kuba inshuro ebyiri, ngo nta muyobozi n’umwe wa FDLR urakigaragaramo. Bikaba biteganyijwe ko aba barwanyi bazajyanwa mu kigo cya Walungu, n’ubwo abaturage bakomeje gusaba ko batashyirwa hafi yabo kuko bakeka ko bashobora kubahungabanyiriza umutekano.
Mu minsi yashize, Umuyobozi wa MONUSCO, Martin Kobler yabwiye aba barwanyi ko nibatarambika intwaro hasi uko byagenwe, bazahura n’ikibazo gikomeye cyo kugabwaho ibitero bikomeye.



















TANGA IGITEKEREZO