00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi batatu ba Kaminuza yo muri Uganda baguye mu mpanuka

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 28 September 2025 saa 10:21
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Muni muri Uganda bwemeje ko abakozi bayo batatu baguye mu mpanuka y’imodoka yabaye nyuma y’uko imodoka yabo igonganye n’ikamyo y’Ikigo cy’Abashinwa cyubaka imihanda ya gariyamoshi.

Abapfuye barimo Rev Canon Patrick Acema wari ukuriye urusengero rwa Avent of Christ ruri muri Kaminuza, Washington Opio Umwarimu mukuru wa Siporo na Kennedy Acidri wari umushoferi mu gihe abandi babiri bakomeretse bikomeye.

Abo bakozi bakoze impanuka ubwo bavaga mu Mujyi wa Kampala berekeza Arua ariko bagakorera impanuka mu Karere ka Pakwach.

Polisi yasobanuye ko abo bakozi bari batwawe mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Double Cabin ya Kaminuza yagonganye n’ikamyo y’Ikigo cy’Abashinwa cyubaka imihanda ya gariyamoshi.

Ni impanuka yabaye ahagana saa saba, ibera mu gace ka Nyapolo muri Alwi.

Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza, Assoc. Prof. Simon Anguma Katrini yatangaje ko bifatanyije n’imiryango yabuze ababo muri iyo mpanuka.

Ati “Ku ruhande rwa Kaminuza, ubuyobozi, abakozi n’abanyeshuri no mu izina ryanjye bwite, dutangaje n’umubabaro urupfu rw’abakozi bacu batatu. Imihango yo gushyingura tuzayibamenyesha.”

Umudepite uhagarariye Arua Central, Jackson Lee Atima, we yavuze ko kuba hari ibibazo mu muhanda muri ako gace n’imihanda imwe n’imwe ikaba ifunzwe ari byo bituma habaho impanuka.

Ubwo yari mu nama yo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubukerarugendo yabereye mu Mujyi wa Arua, Atima yasabye Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robina Nabajja, kugira icyo akora ku kibazo kijyanye n’imihanda itameze neza muri ako gace.

Umuvugizi wa Polisi muri West Nile, SP Anguyo Jimmy Bayiga, yihanganishije imiryango yabuze ababo anatangaza ko hakiri gukorwa iperereza ku cyateye impanuka.

Abakomeretse bakomeje kwitabwaho mu kigo nderabuzima cya Pakwach IV mu gihe imibiri y’abitabye Imana nayo yajyanywe muri ibyo bitaro ngo ikorerwe isuzuma.

Iyo mpanuka yabaye nyuma y’uko hari hashize iminsi ibiri gusa umwami wa Alur, Phillip Olarker Rauni III, ahakoreye impanuka nubwo we yagize ibikomere byoroheje.

Abakozi batatu ba Kaminuza yo muri Uganda baguye mu mpanuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages