Iyi mirwano yatangiye ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo, ibera ahanini ku misozi ya Mindjendje, aho impande zombi zifashishije ibikoresho intwaro ziremereye n’indege nto zitagira abapilote (drones).
Nk’uko amakuru aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru abivuga, ingabo za Leta ya RDC na Wazalendo byatakaje ibirindiro bya Mindjendje biherereye muri Banakindi, nyuma y’imirwano yamaze amasaha menshi.
Ifatwa rya Mindjendje ryakangaranyije ingabo za RDC na Wazalendo, bisaba Leta ubufasha bwihuse bwo mu kirere kugira ngo byisubize ibi birindiro by’ingenzi byabifashaga kugumana igice cya Mpety.
Ibi bibaye mu gihe hari impungenge ko AFC/M23 ishobora gukomereza urugamba muri santere ya Pinga, kimwe mu bice by’ingenzi muri Walikale.
Imirwano yo muri Kisimba ibaye mu gihe intambara ikomeje gukaza umurego mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane ku rugabano rwa Teritwari ya Walikale na Masisi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!