00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwabaye Colonel mu ngabo za Uganda yoherejwe kuburanishwa muri Amerika

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 14 September 2026 saa 11:54
Yasuwe :

Uwahoze ari Colonel mu ngabo za Uganda, Katungi Michael Mpeirwe, yashyikirijwe inzego z’ubutabera za Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho agiye kuburanishwa ibyaha bifitanye isano no guha intwaro umutwe wa CJNG (Jalisco New Generation Cartel) wo muri Mexique.

Katungi yashyikirijwe ubugenzacyaha bwa Amerika tariki ya 12 Nzeri 2026, nyuma yo gufatirwa muri Uganda mu mpera za Kamena. Yamaze kugera i Washington, aho azaburanira mu rukiko rwo muri Leta ya Virginia.

Ubushinjacyaha bwa Amerika bumushinja gukorana n’abandi bantu barimo Umunya-Bulgaria, Umunya-Kenya n’Umunya-Tanzania mu mugambi wo gutanga imbunda, ibisasu bya roketi, mine, misile zirasa n’ibindi bisasu birasa indege ndetse na drones.

Abashinjacyaha bavuga ko Katungi yinjijwe muri uyu mugambi n’Umunya-Kenya, nyuma na we agashaka Umunya-Tanzania wari kubafasha kuwushyira mu bikorwa.

Umunya-Bulgaria Peter Dimitrov Mirchev uvugwa nk’umuhuza w’uyu mugambi, avugwaho kuba yari asanzwe akorana ubucuruzi n’umucuruzi w’intwaro ukomeye ufite ubwenegihugu bw’u Burusiya na Tajikistan, Viktor Bout.

Katungi naramuka ahamwe n’ibyaha ashinjwa, ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka nibura 10, kikaba gishobora no kugera ku gifungo cya burundu mu gihe byagaragara ko afite uruhare rukomeye muri uyu mugambi.

Leta ya Uganda yatangaje ko koherezwa kwe muri Amerika byakozwe hashingiwe ku bufatanye bw’inzego z’ubutabera z’ibihugu byombi.

Col (Rtd) Katungi Michael Mpeirwe yoherejwe muri Amerika kugira ngo aburanishwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages