Aya mabandi yinjiye muri uru rugo afite intwaro zirimo ibyuma, yangiza igipangu n’inzu abapadiri babamo. Arikiyepisikopi wa Kinshasa, Cardinal Ambongo, yagaragaje ko uburangare bwa Leta ari bwo butuma ubugizi bwa nabi bukomeza muri uyu mujyi.
Ku wa 7 Gicurasi, Polisi ya RDC yerekanye aya mabandi, isobanura ko yayafashe mu bihe bitandukanye nyuma y’igitero cyagabwe ku rugo rw’abapadiri, kandi ko bafatanywe imbunda n’intwaro gakondo zirimo imihoro.
Polisi yagize iti "Mu bagizi ba nabi bafashwe harimo Caporal ukorera mu karere ka gisirikare ka 11, wari wigize nk’aho yaje gusura umuryango we, ahubwo yaje mu bujura kuri paruwasi ya ECC. Harimo kandi abasivili babiri bafite impuzankano ya Polisi. Ni bo basebya Polisi. Bahungabanya umutekano muri Kimbaseke na N’Djili."
Umukwabu wo gufata aya mabandi watangiye hashingiwe ku ibwiriza ryatanzwe n’Umuyobozi wa Polisi muri Kinshasa, Israël Kantu Bakulu, nyuma yo gusura uru rugo rw’abapadiri tariki ya 2 Gicurasi 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!