00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukandida wa mbere uzahatana na Ndayishimiye mu matora ya Perezida yamenyekanye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 29 June 2026 saa 08:23
Yasuwe :

Ishyaka APDR-Abanyamahoro rifatwa nk’iriri mu kwaha k’ubutegetsi bw’u Burundi ryatangaje ko Perezida waryo, Gabriel Banzawitonde, azahatana na Evariste Ndayishimiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha.

Banzawitonde w’i Bujumbura yatorewe mu nama yo ku rwego rw’igihugu ya APDR yabaye ku wa 28 Kamena 2026, ubwo yari ahatanye n’abandi bakandida bane barimo Samuel Nininahazwe, Désiré Niyonizigiye, Marie Goreth Maniraho na Elias Ndayishimiye.

Iri shyaka risobanura ko ryafashe icyemezo cyo guhatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu rwego rwo gushyigikira politiki y’amashyaka menshi, kandi ko rizakora ibikorwa byo kwiyamamaza mu bwubahane no mu kutibasira uruhande bizahatana.

APDR ivuga kuri politiki y’amashyaka menshi mu gihe ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi ryihariye imyanya yose mu mitwe y’Inteko Ishinga Amategeko; ibyo rishingiraho risobanura ko Abarundi barifitiye icyizere cyinshi.

Banzawitonde yavuze ko mu ntego afite harimo kubaka urwego rw’ubutabera, kongera umushahara w’abakozi, gukemura ikibazo cy’ibura ry’ifumbire no guharanira umubano utajegajega hagati y’u Burundi n’amahanga.

Yagize ati "Uyu munsi Abarundi banyotewe ubutabera, abakozi ba Leta bakeneye umushahara mwiza, gukemura ibibazo by’ifumbire, umubano utajegajega ariko mu ishyaka APDR tuzabishakira umuti kuko twamaze kubyigaho.”

Muri Gicurasi 2026, ikinyamakuru Ikiriho gikorana bya hafi n’urwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza (SNR) cyari cyaciye amarenga ko Banzawitonde ashobora kuzahatana na Perezida Ndayishimiye.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko Banzawitonde ari umukandida w’igihangange, uziranye na Perezida Ndayishimiye cyane kandi ko “bombi bashimana cyane, bakanubahana cyane”, bityo ko ihatana ryabo rizaba rishyushye.

Amatora ya Perezida w’u Burundi azaba tariki ya 3 Gicurasi 2027. Abanyapolitiki bakomeye barimo Agathon Rwasa utumvikana na Ndayishimiye nta mahirwe bafite yo guhatana kuko we yambuwe ishyaka yashinze, CNL, rihabwa abashyigikiye Ndayishimiye.

Muri Mata 2026, CNDD-FDD yatoreye Ndayishimiye kuzayihagararira mu matora y'Umukuru w'Igihugu yo mu mwaka utaha
Gabriel Banzawitonde yatangaje ko afite intego yo gukemura ibibazo byananiranye mu Burundi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages