Tariki ya 16 Gicurasi 2026, urugo rwa Among rwatangiye gusakwa nyuma y’igihe gito arangije manda ya mbere nka Perezida w’Inteko, aho yanasabwe guhagarika gahunda yari afite yo kwiyamamariza manda ya kabiri.
Ku wa 17 Gicurasi, Among yemeje ko atazongera guhatanira uyu mwanya kandi ko azakomeza gukorana n’abari mu iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri ku nkomoko y’umutungo we.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Gicurasi, abamaze iminsi basaka urugo rwa Among bagaragaye bahakura imodoka ze ebyiri, zirimo Rolls-Royce Cullinan ifite agaciro k’ibihumbi 400 by’Amadolari na Range Rover.
Ikinyamakuru Daily Monitor cyatangaje ko izi modoka zajyanywe kuri laboratwari nkuru y’igihugu iri mu Mujyi wa Kampala.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!