00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Ubwato bwarimo abagera kuri 40 bwiyubitse mu mugezi harokoka umwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 April 2026 saa 09:30
Yasuwe :

Polisi ya Uganda yatangaje ko ubwato bwari mu mugezi wo hafi y’Ikiyaga cya Albert giherereye mu burengerazuba bw’igihugu bwari butwaye abantu bari hagati ya 35 na 40 bwiyubitse, ko ubu hamaze kuboneka umuntu umwe.

Polisi ya Uganda yabitangaje ku wa 29 Mata 2026. Yavuze ko impanuka yabaye ku wa 28 Mata 2026 ibera ku mugezi wa Nguse.

Ibinyujije kuri X Polisi ya Uganda yagaragaje ko harokotse umuntu umwe icyakora ivuga ko itaramenya umubare w’abarohamye kuko nta rutonde rwabo rwari ruhari.

Yavuze ko ikomeje ibikorwa by’ubutabazi mu gihe iperereza ku cyateye iyi mpanuka rigikomeje. Bikekwa ko kurenza ubushobozi bw’ubwato no kugenda nijoro biri mu byateye iyi mpanuka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages