00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Polisi yakoze umukwabu ukomeye mu bajura

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 April 2026 saa 05:38
Yasuwe :

Polisi ya Uganda yatangaje ko yakoze umukwabu ukomeye mu bice birimo Nsambya West, Buyondo Zone no mu nkengero zaho, ita muri yombi abajura benshi bibaga bakoresheje moto n’abamburaga abantu telefone.

Kuri uyu wa 29 Mata 2026, Polisi yasobanuye ko uyu mukwabu ukomeje mu turere two muri Kampala na Wakiso washingiye ku makuru y’ubutasi.

Amashusho yafashwe aba bantu yabagaragaje bakurwa mu ikamyo, bajyanwa gufungirwa by’agateganyo kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabalagala mu gihe hagikorwa iperereza.

Bigaragara ko abafashwe ari benshi ariko Polisi ya Uganda ntiratangaza umubare wabo.

Muri iki cyumweru, inzego z’umutekano zo muri Uganda zahagurukiye abakora ibinyuranyije n’amategeko mu bice bitandukanye by’igihugu, baba abenegihugu ndetse n’abanyamahanga.

Ku wa 27 Mata, urwego rwa Uganda rushinzwe abinjira n’abasohoka rwafatiye mu karere ka Adjumani Abanya-Nigeria 62 babaga mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bamwe muri bo bakoraga ivugabutumwa.

Mu ijoro ry’uwo munsi rishyira uwa 28 Mata, uru rwego rwafatiye i Kampala abandi banyamahanga 169 bakekwaho gukora ibikorwa birimo ubwambuzi, gukina urusimbi n’ibindi byaha byifashisha ikoranabuhanga.

Aba bajura bafatiwe mu bice birimo Nsambya West na Buyondo Zone
Bambuwe imyenda, baryamishwa hafi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages