Abapfuye barimo Bangirana Charles, Ntegyeriize Jenifa, Behakanira Christmas n’undi muntu umwe utaramenyekana nk’uko Chimpreports yabyanditse.
Impagararizi zafashwe ku bapfuye zoherejwe muri laboratwari kugira ngo zisuzumwe hamenyekane icyaba cyarabahitanye.
Umuvugizi wa Polisi muri Greater Masaka, SP Twaha Kasirye, yavuze ko iyi ndwara bivugwa ko itangira umuntu agira ibisebe bifata amaboko, nyuma igituza kikabyimba, umuntu agapfa mu gihe cy’iminsi ibiri.
Ati “Iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyateye iyi ndwara idasanzwe.”
SP Twaha Kasirye yasabye abaturage gukomeza gutuza, kujya batanga amakuru ku muntu wese ugaragaza ibimenyetso biteye amakenga no kwirinda kwivura batabanje kugana abaganga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!