00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Dr. Muganga wangiwe kuba Minisitiri yahakanye kuba Umunyarwanda

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 3 June 2026 saa 10:09
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yanze ko Umuyobozi wungirije wa Kaminuza ya Victoria, Dr. Lawrence Muganga, aba Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu kubera ko afite ubwenegihugu bubiri.

Ku wa 2 Kamena 2026, Komite y’Inteko ishinzwe gusuzuma niba abahawe imyanya muri Leta bujuje ibisabwa, yari iyobowe na Jacob Oboth Oboth, yanzuye ko yanze ko Dr. Muganga ajya muri iyi nshingano kubera ko yananiwe kuyumvisha uburyo azareka ubwenegihugu bwa Canada.

Dr. Muganga yasobanuriye abanyamakuru ko mbere y’uko asubira muri Uganda, yari afite ubwenegihugu bwa Canada kandi ko iryo atari ikosa kuko yabaye mu mahanga, ahashakira amafaranga kugira ngo azafashe abo mu muryango we.

Yagize ati "Uwo ni njye, Abanya-Uganda benshi barabikora. Biba bizwi ko umuntu azahabwa ubundi bwenegihugu ariko ibyo ntibikuraho urukundo uba ufitiye igihugu. Ndi Umunya-uganda, Uganda ni igihugu cyanjye."

Tariki ya 26 Gicurasi 2026 ubwo Perezida Yoweri Museveni yagenaga abantu 82 ku myanya itandukanye muri guverinoma, impaka zatangiye kuvuka mu Banya-Uganda, bamwe bavuga ko Dr. Muganga ari Umunyarwanda.

Dr. Muganga yasobanuye ko ari uwo mu bwoko bwa Banyarwanda bwemewe mu mategeko ya Uganda, ariko ko atari umwenegihugu w’u Rwanda; ibyo abantu bakaba bakwiye kubitandukanya.

Ati "Ntabwo ndi Umunyarwanda. Uko ni ukuri koroshye kumva. Habaho Umunyarwanda, hakabaho na Munyarwanda, Munyarwanda ni uwa hano."

Umushoramari uri mu bavuga rikumvikana mu bwoko bwa Banyarwanda, Frank Gashumba, yatangaje ko Dr. Muganga yandikiye Ambasade ya Canada kugira ngo imufashe gukuraho ubwenegihugu bwa Canada.

Gashumba yatangaje ko Dr. Muganga atigeze agira ubwenegihugu bw’u Rwanda. Inteko ya Uganda yabyemeye, igaragaza ko ikibazo kiri ku bwenegihugu bwa Canada ataramburwa.

Dr. Lawrence Muganga ubwo yari agiye gusubiza ibibazo by'abadepite
Dr. Muganga yasobanuye ko atari Umunyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages