00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burundi bwinjijwemo intwaro nyinshi binyuranyije n’amategeko

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 20 August 2026 saa 04:08
Yasuwe :

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi bwatangaje ko bwatangiye iperereza ku itsinda ry’abantu bakekwaho uruhare mu kwinjiza intwaro nyinshi mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ryifashishije inyandiko mpimbano.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 18 Kanama 2026 Umushinjacyaha Mukuru w’u Burundi, Nkorerimana Rose, yatangaje ko yafunguye dosiye y’aba bantu.

Nkorerimana yavuze ko iri tsinda rigizwe n’abanyamahanga ndetse n’Abarundi, bakoresheje ibyangombwa bihimbano kugira ngo bashobore kwinjiza intwaro mu Burundi.

Ubushinjacyaha bwatangaje ko hari abantu babiri bamaze gutabwa muri yombi barimo Umurundi wabaga hanze witwa Muco Eddie na Du Toit Wayne Patrick ukomoka muri Afurika y’Epfo.

Iri tangazo rivuga ko hafashwe intwaro nyinshi ariko ntiryasobanuye ubwoko bwazo, cyangwa abo zagenewe ngo bazikoreshe.

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi bwatangaje ko bukomeje iperereza rigamije kumenya neza uko izi ntwaro zinjiye mu gihhugu no kugaragaza uruhare rw’umuntu uwo ari we wese watumye zinjira.

Umushinjacyaha Mukuru w'u Burundi, Nkorerimana Rose, yatangaje ko abantu babiri bafatanywe intwaro nyinshi zinjiye mu gihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages