Umuvugizi wa Twirwaneho, Col Kamasa Ndakize Welcome, yatangaje ko ingabo z’ibi bihugu, Wazalendo n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR biri kwica abaturage bo muri Minembwe no muri Mikenke, agaragaza ko ibi bikorwa bigize Jenoside.
Col Kamasa yagize ati “Dushinja FARDC, ingabo z’u Burundi, imitwe ya Wazalendo na FDLR uruhare mu bugizi bwa nabi bwibasira ubwoko bw’Abanyamulenge hashingiwe ku bwoko bwabo.”
Yatangaje ko uretse kuba ibi bitero byifashisha intwaro ziremereye na drones bisenya inzu z’abaturage, bikangiza imibereho yabo, abagore n’abakobwa bagafatwa ku ngufu, abaturage bo muri Minembwe na Mikenke bakomeje guhunga.
Twirwaneho yasabye umuryango mpuzamahanga gusaba Leta ya RDC n’iy’u Burundi guhagarika ibi bitero, kandi ugatanga ubufasha mu gutangiza iperereza ryigenga kugira ngo abantu bose bari kugira uruhare mu bwicanyi buri gukorerwa Abanyamulenge bamenyekane, banashyikirizwe ubutabera.
Col Kamasa yagaragaje ko Mikenke yahoze ari igice kirindwa n’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri RDC (MONUSCO) kubera ko cyari ubuhungiro bw’abari mu kaga, ariko ko ubu yahindutse ibirindiro ingabo za RDC n’iz’u Burundi ziteguriramo ibitero zigaba ku Banyamulenge.
Iyo ingabo z’u Burundi zirasa muri Minembwe, zisobanura ko ziri kurasa ku mutwe witwaje intwaro wa RED Tabara washinzwe n’Abarundi ariko Col Kamasa yasobanuye ko iyi komini itabamo uyu mutwe witwaje intwaro, ahubwo ko ibyo biba bigamije guhisha ubwicanyi buri gukorerwa abasivili.
Twirwaneho yatangaje ko yiteguye gukomeza kurwanirira abasivili bari mu kaga, igamije kubarinda ibi bitero no gufungura inzira banyuramo bajya gushaka imibereho, kandi ko yizeye gutsinda ingabo za RDC n’imitwe byifatanyije kwica abasivili.
Itangazo rya Twirwaneho rikurikiye imirwano ikomeye yabereye muri Mikenke kuva ku wa 8 kugeza ku wa 10 Kamena 2026. Uyu mutwe wari wafashe iyi santere ariko ingabo za Leta ya RDC zayisubije nyuma yo kwitabaza umutwe udasanzwe n’ibikoresho birimo drones za KT-9.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!