Ibi byatangajwe nyuma y’urugendo rw’amateka rwa Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, nyuma y’imyaka 57 nta mukuru w’icyo gihugu cyo mu Burasirazuba bwa Afurika usura u Burusiya.
Uru rugendo Perezida Samia yagiriye mu Burusiya rwatumye aba Perezida wa Kabiri usuye icyo gihugu nyuma y’imyaka 57 kuko uwaherukaga kujya mu Burusiya ari Julius Kambarage Nyerere.
Perezida Samia wari witabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukungu, yari kumwe n’abandi bayobozi bo muri Tanzania bagiranye ibiganiro n’ibigo bitandukanye byo mu Burusiya mu nzego zirimo ubuzima, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubuhinzi n’ikoranabuhanga.
Ambassaderi w’icyo gihugu, John Ulanga yatangaje ko hitezwe nibura miliyari 2$ nk’umusaruro ku ngendo Perezida Samia Suluhu aheruka kugirira mu Burusiya.
Ati “Hashingiwe ku biganiro birebana n’ubucuruzi n’ishoramari, twizeye ko mu myaka itatu cyangwa itanu, Tanzania izabasha kureshya ishoramari n’abakora ubucuruzi by’arenga miliyari 2$...Ibi bizatuma u Burusiya bujya mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu iterambere rya Tanzania.”
Imishinga u Burusiya buzakoranamo na Tanzania, bizatuma burushaho kugaragara ku isoko rya Afurika y’Iburasirazuba.
Amb Ulanga yavuze ko Tanzania yiteze ko izakorana n’abashoramari bo mu Burusiya mu guteza imbere inzego z’ingenzi nk’ubuzima, inganda no gukora inkingo.
Ati “Ibigo byo muri Tanzania byamaze kugaragaza ko mu myaka itanu iri imbere, bishobora gukorana na Tanzania mu gukora nibura doze miliyoni 20 z’inkingo zikorewe imbere mu gihugu, zishobora gukoreshwa muri Tanzania no ku isoko ry’Akarere.”
Ibyo bigo byo mu Burusiya kandi bigaragaza ubushake mu gushora mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro y’ingenzi arimo no gutunganya Uranium yifashishwa mu rwego rw’ingufu n’ikoranabuhanga rigezweho.
Ikigo cyo mu Burusiya gikora mu bijyanye n’ingufu cya Gazprom na cyo cyagaragaje ubushake mu rwego rwo gutunganya ibikomoka kuri Peteroli na gaz muri Tanzania.
Ibyo biganiro kandi byanibanze ku nzego z’ubuhinzi n’ikoranabuhanga, kongerera agaciro ibintu bitandukanye no guteza imbere imishinga mito n’igitangira.
Tanzania yatangiye kwerekeza amaso mu Burusiya nyuma y’uko imikoranire yayo n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi itameze neza nyuma y’ibibazo byavutse mu bihe by’amatora y’umukuru w’igihugu yabaye muri Tanzania mu 2025.
Ni amatora yatsinzwe na Samia Suluhu Hassan ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi banenga bikomeye imigendekere yayo matora na cyane ko nyuma yayo habaye imvururu n’imyigaragambyo yaguyemo abatari bake.
Kuri ubu iki gihugu ni icya kabiri gikize mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba aho IMF igaragaza ko kibarirwa umusaruro mbumbe wa miliyari 94,89$ mu 2026, inyuma ya Kenya ibarirwa miliyari 147,26$.
Binateganyijwe kandi ko ubukungu bwa Tanzania buzazamuka ku kigero cya 5,9%.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!