U Bubiligi bumaze imyaka umunani butegura gahunda yo gusubiza RDC bimwe mu bikoresho ndangamateka byatwawe mu gihe cy’ubukoloni, kuva ubwo iki gihugu cy’Abanye-Congo cyitwaga ‘Congo Free State’ kugeza kibaye ‘Congo Mbiligi’.
Usibye ibi bikoresho biri mu nzu ndangamurage iri mu Mujyi wa Tervueren byatangiye kubarurwa kugira ngo bishyikirizwe RDC, hari n’ibisigazwa by’imirambo y’Abanye-Congo birimo uduhanga twabo, bibitse mu nzu ndangamurage zitandukanye.
Minisitiri w’Intebe wa RDC, Judith Suminwa Tuluka, yandikiye mugenzi we w’u Bubiligi, Bart De Wever, amusaba ko Bruxelles yakohereza i Kinshasa amagana y’uduhanga tw’abantu batwawe mu gihe cy’ubukoloni.
Suminwa yamenyesheje De Wever ko ibi bisigazwa ari iby’imiryango y’abapfuye, bityo ko bagomba kubisubizwa, bakabishyingura mu cyubahiro muri RDC, aho kugira ngo bishyirwe mu cyiciro cy’ibikoresho abakoloni batwaye.
Mu nzu ndangamurage zo mu Bubiligi habarurwa ibisigazwa by’imirambo y’abantu barenga 500 bakuwe muri Afurika. Biganjemo Abanye-Congo ariko harimo n’Abanyarwanda n’Abarundi; bose bakolonijwe n’ubwami bw’i Bruxelles.
Leta y’u Bubiligi yagaragaje ko ibisigazwa by’imirambo y’abantu byajyanywe i Burayi bidakwiye kuba bikiri mu nzu ndangamurage muri iki gihe. Itsinda ry’abashakashatsi ryashyizweho n’Inteko Ishinga Amategeko ryanzuye ko bikwiye gusubizwa abo iki gihugu cyakolonije.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!