Urukingo rwa rwemewe kandi rurasabwa gukoreshwa mu gihe cy’ibyorezo by’indwara ya Ebola iterwa na virusi ya Ebola (yahoze yitwa Zaire ebolavirus).
Ervebo yakozwe n’abahanga bo mu Kigo cya Leta ya Canada gishinzwe Ubuzima Rusange.
Nyuma, urukingo rwahawe uburenganzira bwo gukomeza gutezwa imbere, gukorwa no gushyirwa ku isoko na Merck & Co., Inc.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko RDC yasabye ko yahabwa izi nkingo ziri mu bubiko bugenzurwa n’Itsinda Mpuzamahanga rishinzwe guhuza ibikorwa by’itangwa ry’inkingo (International Coordinating Group on Vaccine Provision: ICG).
Ku wa Mbere, ICG yamenyesheje Guverinoma ya RDC ko yemeye gutanga byihuse inkingo 70.000 za Ervebo.
Muri izi nkingo, 20.000 zizakoreshwa mu igerageza rya gatatu ry’ubushakashatsi, hagamijwe kumenya niba uru rukingo rugira uruhare mu kurinda abantu indwara iterwa na virusi ya Ebola ya Bundibugyo.
Izindi nkingo 50.000 zizahabwa abakozi bo mu nzego z’ubuzima ndetse n’abandi bari kugira uruhare mu kurwanya iki cyorezo, hakurikijwe inama zatanzwe n’itsinda ry’impuguke za OMS rishinzwe inkingo.
OMS ivuga ko ubushakashatsi bw’ibanze bwakorewe muri laboratwari ndetse no ku nyamaswa bugaragaza ko rushobora kugira uruhare mu gutanga ubwirinzi runaka, ariko hakenewe amakuru menshi azaturuka muri iri gerageza rigiye gukorwa.
Abazahabwa uru rukingo, haba abazitabira ubushakashatsi cyangwa abandi bazaruhabwa, bazabanza guhabwa amakuru ku nyungu zishoboka, ingaruka ndetse n’imbogamizi zishobora guterwa no kurukoresha.
OMS n’Ikigo gishinzwe gukumira no kwirinda indwara (CDC) byavuze ko bizakomeza gufasha Leta ya RDC mu kurinda abaturage, kurokora ubuzima no gukumira ikwirakwira rya Ebola ya Bundibugyo, mu gihe hakusanywa amakuru y’ubumenyi buzafasha Afurika kwitegura neza ibindi byorezo bishobora kubaho mu gihe kizaza.
Kuva uburyo bwo gucunga ububiko bw’inkingo za Ebola bwatangizwa na ICG mu 2021 kugeza muri Nyakanga 2026, inkingo zirenga 56.000 za Ervebo zari zimaze guhabwa RDC mu guhangana n’ibyorezo bya Ebola yiswe ‘Zaire ebolavirus.’
Izindi nkingo 167.000 zakoreshejwe mu bikorwa byo gukingira abakozi n’abandi bagize uruhare mu kurwanya iyi ndwara muri RDC, Guinée-Bissau, Kenya, La Sierra Leone na Uganda.
Imibare ya Leta ya RDC yashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri igaragaza ko iki gihugu kimaze kugira abantu 5.021 banduye Ebola.
Iyi Ebola ni yo ya kabiri ikomeye ku Isi, nyuma y’iyibasiye Afurika y’Iburengerazuba hagati ya 2014 na 2016.
Iki ni icyorezo cya 17 cya Ebola cyibasiye RDC, ariko cyamaze kuba icya mbere gikomeye kurusha ibindi byose byabaye muri iki gihugu, hashingiwe ku mubare w’abanduye.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!