Iyi Minisiteri igaragaza ko kugeza ku wa 1 Nyakanga 2026, abo byemejwe ko banduye Ebola muri rusange bageze kuri 1.460 barimo 54 babonetse mu masaha 24 yari ashize. Hari hamaze gupfa abantu 447 barimo icyenda bashya.
Intara ya Ituri yihariye 91% by’ubwandu bwa Ebola. Ni ho inzego z’ubuzima n’iz’ubutabazi ziri gushyira imbaraga nyinshi mu gukumira iki cyorezo, haba mu gukurikirana abahuye n’abanduye, kuvura ndetse n’ubukangurambaga.
Ahandi iki cyorezo cyagaragaye ni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu bice birimo Beni, Butembo, Goma, Oicha na Musienene; na Kivu y’Amajyepfo muri Miti-Murhesa.
Minisiteri y’Ubuzima muri RDC yatangaje ko umugore w’imyaka 24 wapfiriye mu gace ka Nia Nia muri Ituri ni we byemejwe ko yagejeje ubwandu mu Mujyi wa Kisangani mu Ntara ya Tshopo.
Yasobanuye ko muri iki cyumweru, abagizi ba nabi bateye ikigo nderabuzima cya Nia Nia, batwika ibikoresho byacyo, abantu barindwi bikekwa ko banduye iki cyorezo baratoroka. Icyo gihe umurambo w’uyu mugore washyizwe kuri moto, ujyanwa muri Kisangani.
Muri Haut-Uélé, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umuntu wahagejeje iki cyorezo ari umwe mu batorotse ikigo nderabuzima cya Nia Nia kandi ko na we yamaze gupfa. Hari impungenge nyinshi ko baba baranduje abandi.
Nubwo ubwandu bwa Ebola bukomeje kwiyongera muri RDC, abo ihitana na bo bakaba benshi, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS) ryatangaje ko hari icyizere cyo guhashya iki cyorezo nyuma y’aho hakozwe igerageza rya mbere ryo kukivura.
Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko iri gerageza ryakorewe muri Ituri ku wa 2 Nyakanga 2026 hifashishijwe umuti wa Remdesivir watanzwe n’ikigo Gilead Sciences.
Dr. Tedros yatangaje ko igerageza rizakorerwa ku barwayi barenga 1.000, nyuma ibisubizo bizavamo bizashingirweho mu kuvura iki cyorezo muri rusange.
Ebola yugarije RDC ni iyo mu bwoko bwa Bundibugyo. Kugeza ubu nta muti cyangwa urukingo irabonerwa. Abaganga bavura gusa ibimenyetso byayo birimo kuruka, gucibwamo, kuva amaraso ku ruhu n’umuriro mwinshi, kandi bemeza ko umurwayi akira iyo yivuje kare.
Kugeza ku wa 1 Nyakanga, muri RDC hari hamaze gukira abantu 213 banduye Ebola ya Bundibugyo. Muri abo harimo 21 babonetse mu masaha 24 yari ashize, basubira mu miryango yabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!