00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abishwe na Ebola barenze 100

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 9 June 2026 saa 01:20
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko kuva ku wa 15 Gicurasi kugeza ku wa 7 Kamena 2026, byari bimaze kwemezwa ko abantu 550 bari bamaze kwandura icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, 101 bakaba bari bamaze gupfa.

Ku wa 8 Kanama, iyi Minisiteri yasobanuye ko Ebola ikigaragara mu ntara eshatu zo mu burasirazuba bw’igihugu, cyane cyane muri Ituri. Ahandi yagaragaye ni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Leta ya RDC yatangaje ko abarwayi 309 ba Ebola ari bo bakiri mu bitaro aho bari kwitabwaho n’abaganga umunsi ku wundi, 19 bakaba ari bo bamaze gukira, barimo barindwi babonetse mu gace ka Nyankunde kari muri Ituri.

Ebola ya Bundibugyo ntirabonerwa umuti cyangwa urukingo ariko havurwa ibimenyetso byayo, kandi uwivuje kare aba afite amahirwe yo gukira. Ubusesenguzi bwakozwe bugaragaza ko kugeza ku wa 7 Kamena, yari iri kwica ku rugero rwa 18,4%.

Minisiteri y’Ubuzima muri RDC yasobanuye ko ibikorwa byo gushakisha abahuye n’abanduye Ebola muri Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo biri ku rugero rwa 64,4%, bigaragaza icyuho cya 35,6% cyo guhagarika ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Ebola ya Bundibugyo yageze no muri Uganda tariki ya 15 Gicurasi, umunsi Leta ya RDC yatangarijeho ko iki cyorezo cyagaragaye. I Kampala hamaze kuboneka abantu 19 bacyanduye barimo Abanye-Congo 14.

Abo bimaze kwemezwa ko bishwe na Ebola muri RDC mu gihe kitagera ku kwezi bageze ku 101
Abo byemejwe ko banduye Ebola bageze ku 550

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages