Kuri uyu wa 22 Gicurasi 2026, OMS yatangaje ko ibisubizo byavuye mu bipimo byafatiwe muri laboratwari muri RDC byemeza bidashidikanywaho ko abantu 82 banduye iki cyorezo, mu gihe barindwi ari bo byemejwe ko bishwe na cyo.
OMS yatangaje ko imibare y’abanduye iki cyorezo n’abo cyishe ushobora kuba urenga cyane uwamenyekanye, kuko ingamba zo gukumira ikwirakwira ryacyo zakomwe mu nkokora n’ikibazo cy’umutekano muke mu Ntara ya Ituri.
Muri RDC, Ebola yiganje cyane muri Ituri, mu bice birimo Mongbwalu, Rwampara, umujyi wa Bunia, Bambu na Nyankunde. Hari umurwayi umwe wagaragaye i Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’uwagaragaye i Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.
Minisiteri y’Ubuzima yari yatangaje ko abantu 671 ari bo byakekwaga ko banduye Ebola kugeza tariki ya 20 Gicurasi, barimo 160 byakekwaga ko bishwe n’iki cyorezo. Kugeza uwo munsi hari hamaze gufatwa ibipimo 218 birimo 134 byasuzumwe.
Abashakashatsi bemeje ko iyi Ebola ari iyo mu bwoko bwa Bundibugyo, umuntu wa mbere wayanduye akaba yarapfiriye muri Bunia tariki ya 24 Mata 2026, ariko bitangazwa ko yishwe n’iki cyorezo hashize ibyumweru bitandatu.
Hari impungenge ko hari abantu benshi banduye iki cyorezo mu byumweru bitandatu byashize Leta ya RDC itaremeza ko ari cyo cyishe uyu muntu, ikaba imwe mu mpamvu OMS igaragaza ko imibare ishobora kuba irenze cyane itangazwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!