00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abishwe na Ebola bakabakaba 130

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 June 2026 saa 08:04
Yasuwe :

Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC, cyatangaje ko kugeza ku wa 9 Kamena 2026 byari bimaze kwemezwa ko abantu 635 ari bo bari bamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, 127 bakaba barapfuye.

Iki kigo kigaragaza ko kugeza ku wa 8 Kamena, muri Uganda byari bimaze kwemezwa ko abantu 19 ari bo banduye iki cyorezo cyaturutse mu burasirazuba bwa RDC, babiri bakaba barapfuye, bane bakaba barakize.

Minisitiri w’Ubuzima muri RDC, Dr. Roger Kamba, yatangaje ko muri rusange abantu 30 bamaze gukira Ebola mu gihugu cyabo, barimo barindwi bo muri Nyakunde n’umwe wo muri Mongbwalu mu Ntara ya Ituri basezerewe n’ibitaro ku wa 9 Kamena.

Dr. Kamba yasobanuye ko mu bashyizwe mu kato nyuma yo guhura n’abanduye Ebola, 406 bamaze gusubizwa mu miryango yabo nyuma yo kumara iminsi 21 mu kato batagaragaza ibimenyetso by’uko barwaye iki cyorezo.

Iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yatangajwe bwa mbere muri RDC tariki ya 15 Gicurasi 2026, hashize igihe kinini umurwayi wa mbere yishwe na yo ariko bivugwa ko yishwe n’indwara y’amayobera.

Gutahura Ebola hashize igihe byateye impungenge abaganga, bagaragaza ko hari ibyago by’uko iki cyorezo gishobora kuba cyarakwirakwiye mu baturage benshi, kandi ubwiyongere bw’umubare byemezwa ko banduye bwagaragazaga ko ibyo ari ukuri.

Ebola ya Bundibugyo ntirabonerwa umuti cyangwa urukingo ariko ubushakashatsi bwemeza ko ibimenyetso byayo bivurwa kandi bigakira, kandi ko uwivuje hakiri kare, aba afite amahirwe menshi yo gukira.

Abo byemejwe ko bishwe na Ebola muri RDC bageze ku 127

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages