00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abarenga 3400 banduye Ebola

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 30 July 2026 saa 05:54
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igaragaza ko kugeza ku wa 28 Nyakanga 2026, habaruwe abantu 3442 banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo barimo 1521 bamaze gupfa.

Iyi mibare ni iyo mu ntara eshanu zagaragayemo iki cyorezo zirimo Ituri, Kivu y’Amajyaruguru, Haut-Uélé, Tshopo na Kivu y’Amajyepfo.

Iyi minisiteri igaragaza ko mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira ry’iki cyorezo, inzego z’ubuzima zikomeje ibikorwa byo gushakisha abantu bahuye n’abanduye no kubakurikirana. Kubakurikirana biri gukorwa ku gipimo cya 78,3%.

Ibikorwa byo guhangana na Ebola biri gukorwa n’ikigo cyo muri RDC gishinzwe ubuzima rusange ku bufatanye n’Ishami rya Loni rishinzwe Ubuzima (OMS) n’Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara n’imiryango y’ubutabazi.

Ubu bufatanye bwibanda ku kongera ubushobozi bwo gusesengura amakuru y’icyorezo, gutanga ibikoresho by’ingenzi bikenerwa mu kurwanya Ebola ndetse no kurwanya iki cyorezo mu bice byugarijwe cyane.

Abashinzwe ibikorwa byo kurwanya Ebola bavuga ko izi ngamba zigamije kongera ubushobozi bwo gutahura abarwayi hakiri kare, kunoza uburyo bwo kubitaho ndetse no gutegura ibice bishobora kugeramo iki cyorezo kugira ngo bizashobore kukirwanya.

Abaganga n'abatabazi bahangana ubutaruhuka n'iki cyorezo ariko ntikigabanya umuvuduko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages