00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Tanzania yafashe ikiruhuko cy’amezi atatu nyuma yo gupfakara

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 10 September 2026 saa 01:30
Yasuwe :

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yafashe ikiruhuko cy’iminsi 90 kugira ngo ashobore kunamira umugabo we, Hafidh Ameir, wapfuye ku wa 7 Nzeri 2026.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma ya Tanzania, Moses Kusiluka, rivuga ko iki kiruhuko cyatangiye ku wa 7 Nzeri.

Muri iki gihe, akazi kazakomeza gukorwa na Visi Perezida, Deogratius Ndejembi, ndetse na Minisitiri w’Intebe, Mwigulu Nchemba, hakurikijwe amategeko agenga imikorere y’inzego z’igihugu.

Kusiluka yagize ati “Andi makuru azatangwa n’inzego zibishinzwe igihe bibaye ngombwa.”

Hafidh Ameir yavutse ku wa 1 Mutarama 1946. Yapfiriye mu bitaro bya Emilio Mzena Memorial Hospital muri Zanzibar mu gitondo cyo ku wa 7 Nzeri.

Visi Perezida Ndejembi yavuze ko Hafidh Ameir yari amaze igihe arwaye uburwayi bw’umutima.

Samia Suluhu Hassan yabaye Perezida wa Tanzania mu 2021 nyuma y’urupfu rwa Perezida John Magufuli, aba umugore wa mbere uyoboye iki gihugu.

Perezida Samia Suluhu ari kunamira umugabo we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages