00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ruto yayobotse ubuhinzi ngo azabe umuherwe w’ahazaza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 April 2026 saa 08:54
Yasuwe :

Perezida wa Kenya William Ruto yatangaje ko amaze kumenya ko mu bihe biri imbere abakire ba mbere bakomeye bazaba ari abahinzi, yahisemo guhita atangira guhinga hakiri kare.

Yabitangaje ubwo yari mu nama y’ubufatanye mu by’umutekano yitwa Mashariki Cooperation Conference ku wa 10 Mata 2026.

Perezida Ruto yavuze ko Afurika ifite 2/3 by’ubutaka bugenewe ubuhinzi n’undi mutungo kamere ushobora kubyara ubukungu kuri Afurika.

Ati “Uwahoze ari Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yambwiye ko abakire ba mbere b’ahazaza bazaba ari abahinzi. Ni yo mpamvu nanjye natangiye kugerageza ubuhinzi.”

Ruto yavuze ko nubwo Afurika ifite byose ariko bishobora kutayibyarira umusaruro mu gihe hataboneka abayobozi b’abahanga bashobora gutekereza neza uburyo bwo kubibyaza umusaruro.

Perezida Ruto yatangiye gukora ubuhinzi ateganya ko buzamugira umuherwe w'ahazaza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages