00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Museveni yanze ubwegure bw’umuyobozi, amutegeka gusubira mu kazi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 August 2026 saa 09:05
Yasuwe :

Umuyobozi wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu muri Uganda (UHRC), Mariam Wangadya, yatangaje ko yisubiyeho ku cyemezo cyo kwegura ku mirimo ye, nyuma y’uko Perezida Yoweri Museveni yanze kwakira ubwegure bwe.

Wangadya yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari imbere ya Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe za Komisiyo, Inzego zashyizweho n’amategeko n’Ibigo bya Leta, COSASE.

Yemeje ko yandikiye Perezida Museveni ibaruwa imumenyesha ko yeguye, ariko Perezida yanga kubyemera.

Ati “Bwana Perezida wa Komisiyo, ni ukuri nandikiye Nyakubahwa Perezida ibaruwa yo kwegura, ariko ubwegure bwanjye ntibwemewe.”

Wangadya yavuze ko Intumwa Nkuru ya Leta yari yaranamenyesheje Inteko Ishinga Amategeko ko ubwegure bwe butigeze bwemerwa, bityo ko akomeje kuba Umuyobozi wa UHRC.

Ati “Intumwa Nkuru ya Leta yagejeje ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko, isobanura neza ko ubwegure bwanjye butigeze bwemerwa kandi ko nkomeje kuba Umuyobozi wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu muri Uganda. Uko ni ko bihagaze.”

Abajijwe niba yaramenyeshejwe ko ubwegure bwe bwanzwe binyuze mu magambo y’Intumwa Nkuru ya Leta cyangwa niba Perezida Museveni ubwe ari we wabimubwiye, Wangadya yavuze ko Museveni yamuhamagaye kuri telefone akamutegeka gusubira ku kazi.

Ati “Igisubizo nahawe n’urwego rwanshyizeho cyanyuze kuri telefone, ntabwo cyari mu nyandiko. Hari igihe Nyakubahwa Perezida akoresha telefone mu gutanga ubutumwa. Nategetswe ko niba naravuye ku kazi, ngomba guhita ngarukaho, kandi nubahirije ayo mabwiriza.”

Wangadya yari yanditse ibaruwa yo kwegura muri Nyakanga 2026, ashinja bamwe mu bagize Komisiyo kumurwanya. Mu bo yashyize mu majwi harimo Simeo Nsubuga wahoze ari umudepite, nyuma y’uko bombi bagiranye amakimbirane kuva Nsubuga yagirwa umwe mu bagize iyo Komisiyo.

Undi uri muri Komisiyo, Jacklet Atuhaire Rwabukurukuru, na we yagiye anenga Wangadya ku mugaragaro, avuga ko adakwiriye kuyobora iyo Komisiyo.

Aya makimbirane yakajije umurego nyuma y’uko Wangadya ashinje Atuhaire na Nsubuga gukoresha umutungo wa Leta, by’umwihariko imodoka, mu bikorwa bya politiki birimo kubogama.

Ku rundi ruhande, Nsubuga na we yashinje Wangadya kuba adafite ubushobozi bukenewe kugira ngo abe umwe mu bagize Komisiyo. Wangadya we yamushinje kutagira uruhare rufatika mu guteza imbere imikorere y’uru rwego, ahubwo agahitamo kwishora mu makimbirane adakenewe.

Perezida Museveni yanze ubwegure bw’umuyobozi, amutegeka gusubira mu kazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages