00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ndayishimiye yasimbuje Minisitiri Bugaga uherutse gupfa

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 April 2026 saa 08:58
Yasuwe :

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagize Ambasaderi Evelyne Butoyi Minisitiri ushinzwe Itumanaho n’Itangazamakuru, amusimbuje Gabby Bugaga wapfuye tariki ya 16 Mata 2026.

Ambasaderi Butoyi asanzwe ahagarariye u Burundi muri Zambia kuva mu 2024, Malawi, Angola, Zimbabwe no mu muryango uharanira guteza imbere ubukungu muri Afurika yo hagati n’iy’amajyepfo, COMESA.

Uyu mudipolomate kandi yabaye Minisitiri ushinzwe urubyiruko, amaposita n’ikoranabuhanga kuva mu 2018 kugeza 2020, aba n’Umuvugizi wa Perezida Ndayishimiye mu 2021.

Asimbuye Bugaga mu gihe urupfu rwe rukivugisha Abarundi benshi, bamwe muri bo bahamya ko yishwe nubwo Leta y’u Burundi yatangaje ko yazize impanuka y’imodoka.

Perezida Ndayishimiye yakoze izindi mpinduka muri guverinoma, aho Ir. Egide Nijimbere yagizwe Minisitiri w’Ibikorwaremezo, imiturire, gutwara abantu n’ibintu ndetse n’ibikoresho, amusimbuje Dieudonne Dukundane.

Fidèle Nkezabahizi yagizwe Minisitiri w’Ubuzima, asimbura Dr. Lyduine Baradahana.

Evelyne Butoyi yagizwe Minisitiri w'Itumanaho n'Itangazamakuru
Yasimbuye Gabby Bugaga wapfuye mu minsi 12 ishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages