00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Martha Karua wabaye Minisitiri muri Kenya afungiwe muri Uganda

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 22 June 2026 saa 01:54
Yasuwe :

Umunyamategeko akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, Martha Wangari Karua, afungiwe muri Uganda kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 22 Kamena 2026.

Karua yabaye Minisitiri w’Ubutabera kuva mu 2005 kugeza mu 2009 ubwo yeguraga. Ni umwe mu banyamategeko bunganira umunyapolitiki Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, mu gihe akurikiranyweho ibyaha birimo kugambanira igihugu.

Kubera ko umunyamategeko Erias Lukwago bafatanyije kunganira Dr. Besigye amaze iminsi afunzwe, Karua na Perezida w’umuryango w’abanyamategeko bo muri Kenya, Charles Njama, bagiye kwitabira urubanza ku ifungwa n’ifungurwa rye ry’agateganyo.

Abashinzwe itumanaho rya Karua batangaje ko ubwo yageraga ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe i Kampala, yatawe muri yombi, arafungwa, mu gihe Kanjama we atigeze afatwa.

Bagize bati "Karua yagombaga kugaruka i Nairobi uyu munsi ariko arafunzwe. Itsinda rye rivuga ko ritari gushobora kumuvugisha kuko telefone ze zavuyeho kandi riracyategereje ko arivugisha bitaziguye, akanataha."

Martha Karua ahamya ko afite uburenganzira bwo gukorera umwuga muri Afurika y’iburasirazuba kubera ko ari umunyamuryango w’umuryango w’abanyamategeko bo muri aka karere.

Muri Kenya, bamwe bamufata nka nimero ya mbere mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeye, nyuma y’urupfu rwa Raila Odinga bakoranaga. Ateganya guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu 2027.

Martha Karua yafatiwe ku kibuga cy'indege i Kampala ubwo yari agiye gukurikirana urubanza rwa Arias Lukwago

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages